FzASp8WWABQ_XlM

Hakim Sahabo arifuzwa n’umunyabigwi wa Liverpool

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi mpuzamahanga w’u Rwanda, Hakim Sahabo ashobora gusohoka muri Standard Liege mu isoko ry’igura n’igurishwa ry’abakinnyi muri Mutarama 2025, akerekeza muri Beerschot yo mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi iyobowe na Dirk Kuyt wabaye icyamamare muri Liverpool.

Dirk Kuyt wabaye cyimenyabose muri Liverpool arifuza kuzana uyu mukinnyi ukiri muto muri uku kwezi nk’uko amakuru abyemeza yatangiye kumenyekana muri iki cyumweru turi kugana ku musozo.

Times Sport ivuga ko iyi kipe yazamutse mu cyiciro cya mbere vuba iherutse kugaragaza ko yifuza uyu mukinnyi w’imyaka 19 ndetse ikaba yaramaze kohereza ubusabe bwayo kuri uyu musore w’umunyarwanda.

Sahabo ntiyagize umwaka mwiza muri Standard Liege aho yamanuwe gukinira ikipe y’abato ya Standard Liege ikina mu cyiciro cya gatatu.

Uyu mukinnyi afite amasezerano muri Standard Liege azageza tariki ya 30 Kamena 2026.

Beerschot ni ikipe ifitwe n’umuherwe w’Umwarabu, Abdullah bin Mosaad bin Abdul Aziz Al Saud. Iyo kipe kuri ubu iri ku mwanya wa 16 ku rutonde rwa Jupiler Pro League yo mu Bubiligi n’amanota 12 mu mikino 20 imaze gukina.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *