Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aravuga ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yaba yaratangiye gutegura umuhungu we Anthony Tshisekedi ngo abe yamusimbura ku butegetsi.
Anthony kuri ubu nta mwanya uzwi afite muri Guverinoma ya RDC.
Icyakora kuva muri 2021 yakunze kujyana na Perezida Tshisekedi mu ngendo zitandukanye yagiye akorera hanze ya Congo Kinshasa, n’ubwo zagiye zikunda kugirwa ibanga.
Imwe mu nshuro nke Anthony yagaragaye mu ruhame nk’imwe mu ntumwa za Guverinoma ya RDC byabaye mu cyumweru gishize, ubwo yari yitabiriye umuhango w’irahira rya Perezida mushya wa Ghana, John Mahama Dramani.
Ni umuhango wanitabiriwe na Perezida Félix Antoine Tshisekedi ndetse na Madamu we, Denise Nyakeru Tshisekedi.
Imwe mu mafoto yafatiwe mu muhango w’irahira rya Perezida John Dramani yerekana Anthony Tshisekedi ahagaze hafi ya Perezida Paul Kagame w’u Rwanda. Ni ifoto yatumye abanye-Congo bacika ururondogoro, bibaza umwanya uriya muhungu wa Perezida Tshisekedi yaba afite watuma yitabira ibirori byo ku rwego nka biriya.
Ibintu byafashe indi ntera ku wa Gatanu w’icyumweru gishize ubwo Anthony yanitabiraga ibirori by’irahira rya Perezida Nicolas Maduro wa Venezuela, nk’umwe mu bari bagize delegasiyo yari iyobowe na Visi-Perezida wa Sena ya Congo, José Kalala wa Kalala.
Perezida Tshisekedi byari byitezwe ko yitabira uriya muhango, gusa birangira asubiye muri RDC aho mu mpera z’icyumweru gishize yayoboye Inama Nkuru ya Gisirikare.
Hagati aho amafoto yagiye hanze yerekana Anthony ari kumwe na Perezida Maduro wamwakiriye muri Perezidansi ya Venezuela.
Amakuru aturuka muri RDC aravuga ko Perezida Félix Antoine Tshisekedi yafashe icyemezo cyo kumurika umuhungu we ku ruhando rwa Politiki, kugira ngo abe yamusimbura mu gihe byaba bidakunze ko akomeza kuyobora Congo.
Ni Tshisekedi kuri ubu ukomeje kurwana urugamba rwo guhindura itegeko nshinga ngo abe yakwiyamamariza manda ya gatatu, gusa akomeje kwitambikwa n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi bwe barangajwe imbere na Joseph Kabila yasimbuye ku butegetsi; cyo kimwe n’abarimo Moise Katumbi na Martin Fayulu.
Bivugwa ko gutegura Anthony biri mu rwego rwo kumumurika ngo abe yamusimbura, mu gihe umupangu we waba udakunze.
Icyakora Umunyamakuru Baelenge Irenge avuga ko Denise Tshisekedi ari mu batavuga rumwe na Perezida Tshisekedi ku kuba Anthony yamusimbura ku butegetsi, bijyanye no kuba asanzwe atari umwana we.




