images (4) (5)_1737579333

Uwagabye igitero muri Capitol yanze imbabazi za Trump

Sangiza iyi nkuru

Pamela Hemphill umwe mu bagize uruhare mu myigaragambyo yo ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika (Capitol), yavuze ko atakwemera imbabazi zatanzwe na Perezida Donald Trump nyuma y’imyaka ine.

Uyu mugore wahawe akazina ka “Maga granny” ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’ibirango bya Trump “Make America Great Again” yari yarakatiwe igifungo cy’amezi abiri nyuma yo kwemera icyaha.

Mu kiganiro yagiranye na BBC, Pamela yagize ati: “Kwemera imbabazi byaba ari ugutuka abapolisi ba Capitol, amategeko, ndetse n’igihugu cyacu.”

Yongeyeho ati: “Nakoze icyaha kandi nemeye amakosa yanjye. Kwemera imbabazi byakomeza guteza imbere ibinyoma byabo n’amateka bahimba.”

Nyuma yo kurahira ku wa 21 Mutarama, Perezida Trump yahise atanga imbabazi cyangwa agabanya ibihano by’abantu bagera ku 1,600 bari barahamwe n’ibyaha byo kwivanga mu matora ya 2020. Yavuze ko aba bantu bafunzwe mu buryo “bubabaje kandi budakwiye.”

Jacob Chansley, umwe mu bantu bazwi cyane bitabiriye iyo myigaragambyo, na we yarekuwe nyuma yo kumara amezi 27 muri gereza.

Uyu mugabo yabwiye abwiye BBC ati: “Namenyeshejwe n’umunyamategeko wanjye ndi muri gym. Nahise njya hanze ndangurura ijwi nti ‘ubwisanzure!”

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *