Screenshot_20250125-120913_2_copy_974x754

Tshisekedi yazamuye mu ntera Gén. Cirimwami, asaba FARDC guhorera urupfu rwe

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, yazamuye mu ntera Général-Major Peter Nkuba Cirimwami amuha ipeti rya Lieutenant-Général.

Tshisekedi yabikoze mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Cirimwami wari Guverineri wa Gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, yarasiwe ku rugamba ku wa Kane tariki ya 23 Mutarama 2025, mbere y’uko FARDC yemeza urupfu rwe kuri uyu wa Gatanu.

Mu ijoro ryo ku wa Kane umutwe wa M23 watangaje ko ari wo wivuganye uriya musirikare nyuma yo kumurasira mu gace ka Kasengezi, aho yari yagiye kwifotoreza ku rugamba.

Tshisekedi ku wa Gatanu ubwo yayoboraga Inama Nkuru ya Gisirikare, yasabye ingabo za RDC gusubiza inyuma M23 zikayivana hafi y’Umujyi wa Goma ikomeje gusatira, nka bumwe mu buryo bwo guhorera urupfu rwa Gén Cirimwami.

Umuvugizi wa FARDC, Général-Major Sylvain Ekenge asubiramo amabwiriza yatanzwe na Tshisekedi, yavuze ko “Umugaba w’Ikirenga yatanze amabwiriza akomeye, kugira ngo uwaduteye ahigwe  kugeza ageze iyo yaturutse, asubinikwe yigizwe kure ya Goma, hanyuma anakurikiranwe kugeza uduce twose tw’Igihugu yigaruriye twisubijwe.”

Yunzemo ati: “Uburyo bwiza bwo guhorera Gen. Cirimwami ni ugusubiza inyuma abo baduteye ndetse no kwisubiza uduce tw’igihugu bafite.”

Biteganyijwe ko Cirimwami M23 yivuganye agomba gusezerwaho mu cyubahiro, mu muhango wa gisirikare uzabera i Kinshasa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *