RDC: Abaturage 17 bo mu giturage kimwe bishwe n’abantu bataramenyekana

Sangiza iyi nkuru

Abantu bitwaje ibirwanisho mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bagabye igitero mu giturage bica abasivili 17 abandi 7 barakomereka nk’uko byatangajwe kuri uyu wa gatatu n’umuvugizi wa Loni.

Ingabo z’umuryango w’Abibumbye muri Congo zavuze ko abakekwaho kuba abarwanyi b’umutwe wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda, bateye igiturage kitwa Luna mu majyaruguru ya Beni ho muri Kivu y’Amajyaruguru nk’uko byemejwe na Stephane Dujarric, umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Iyi nkuru dukesha Reuters iravuga ko abantu 17 barimo abagore 8 n’abana 4 barashwe abandi bagatemagurwa kugeza bapfuye, nk’uko byemezwa na CEPADHO (Centre of Study for the Promotion of Peace, Democracy and Human Rights), umuryango ukomeje gukurikirana ubugizi bwa nabi bukorerwa muri Kivu y’Amajyaruguru.

SONY DSC
Omar Kavota

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu muryango, Omar Kavota, avuga ko iki gitero cyagabwe mu giturage kiri muri metero 300 uvuye ku birindiro by’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, kandi ko barindwi mu bishwe baturuka mu muryango umwe.

Ibi byose bikomeje kuba mu gihugu cya Congo mu gihe hari n’umwuka utari mwiza muri politiki, aho perezida Joseph Kabila uri ku butegetsi kuva mu 2001 asabwa n’Itegeko Nshinga rya Congo kuva ku butegetsi mu mpera z’uyu mwaka wa 2016 ariko akaba asa nk’ushobora gushaka kuguma ku butegetsi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *