Ishyaka Forum for Democratic Change (FDC) ryahamagariye abayoboke baryo kwamagana perezida Yoweri Museveni umaze imyaka 30 ku butegetsi akaba aherutse gutorerwa indi manda y’imyaka 5 aho ibinyamakuru byo muri Uganda bizakurikirana iyi myigaragambyo byabwiwe ko bishobora kwamburwa impushya zo gukora.
Iyi nkuru irakomeza ivuga ko n’abantu bazagerageza gutanga amakuru bakoresheje imbuga nkoranyambaga nabo bazafatirwa ibihano nk’uko byatangajwe n’ukuriye komisiyo ya Uganda ishinzwe itangazamakuru.
Mu cyumweru gishize, urukiko rwanzuye ko icyo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari kwita ubukangurambaga bwo kwamagana ibyavuye mu matora bitemewe n’amategeko, ariko FDC yiyemeza gukomeza ibikorwa byabo.
Intsinzi ya perezida Museveni yemejwe n’Urukiko rw’Ikirenga muri Werurwe.
Ibitangazamakuru byo muri Uganda nk’uko Redpepper dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, byasabwe kutagirana ibiganiro n’abagize uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa ngo berekane ibikorwa barimo biri kuba (Live) mu gihe cy’imyigaragambyo.
Kuri ubu mu mujyi wa kampala biravugwa ko harunzwe abapolisi benshi n’abasirikare bari barimo gukoma imbere abatavuga rumwe n’ubutegetsi kuri uyu wa Kane. Ibi byose bikaba biri kuba mu gihe perezida Museveni yitegura kurahira kuwa 12 Gicurasi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns/Bwiza.com



