Karim Meckassoua yatorewe kuyobora Inteko Ishinga Amategeko ya Centrafrica

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari minisitiri muri Centrafrica, Karim Meckassoua niwe watorewe kuri uyu wa Gatanu kuyobora Inteko Nshinga Amategko y’iki gihugu nyuma yo gutsinda mu cyiciro cya gatatu ku majwi 65 ku 127.

Perezida w’Inteko Nshinga Amategeko aba ari umuntu wa kabiri w’icyubahiro mu gihugu nyuma ya perezida wa repubulika. Uyu mugabo Karim yahoze ari minisitiri ku butegetsi bwa Francois Bozize mu gihe cy’imyaka 6. Yabaye umukandida mu matora ya perezida yo kuwa 27 Ukuboza, aho yabonye amajwi 3,21% yonyine.

8620290-13593589
Karim Meckassoua

Ubwo habaga amatora ya perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Centrafrica kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Gicurasi, Karim Meckassoua yabonye amajwi 65 ku majwi 127 y’abatoye nk’uko tubikesha Jeune Afrique.

Yaje imbere ya Anicet Georges Dologuélé wagize amajwi 24%, ndetse na Martin Ziguélé wagize amajwi 14%. Aba babiri bakaba nabo bariyamamaje mu matora ya perezida aheruka.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *