Ubushakashatsi bushya bwakorewe mu gihugu cya Guinea bwemeje ko virus ya ebola ishobora kuguma mu masohoro y’uwayirokotse kugeza ku gihe cy’umwaka. Ubu bushakashatsi bukaba buje bushimangira ubwakozwe mu Ukwakira 2015 muri Sierra Leone.
Ibihugu byagezwemo n’iki cyorezo byizera ko ibisigazwa bya virus ya Ebola bishobora kuguma ubuziraherezo mu mubiri w’abayirokotse kandi bikaba bishobora kugira ingaruka mbi ku bagore babo.
Abashakashatsi bo mu Bufaransa no muri Guinea bakurikiranye abarwayi 450 bakize Ebola bapimye amasohoro y’abagabo bagera kuri 68, basanga virus ya Ebola mu bantu 8 muri bo nyuma y’amezi 9 bakize iki cyorezo. Gusa, aba bashakashatsi bemeza ko ubukana bw’iyi virus isigara mu masohoro bugenda bugabanuka bijyanye n’igihe.
Nk’uko aba bashakashatsi bakomeza babyemeza, ngo virus yasanzwe muri 28.5% by’amasohoro yakusanyijwe hagati y’ukwezi 1 n’amezi 3. Hagati y’amezi 10 na 12 virus yasanzwe muri 3.5% mbere y’uko virus izimira neza nyuma y’umwaka umwe.
Nk’uko byemezwa n’Ikigo cy’ubushakashatsi bugamije iterambere cyo muri Guinea gifatanyije n’ibindi bigo bitandukanye, ngo ibyavuye muri ubu bushakashatsi bigaragaza ko hakwiye kongera ubukangurambaga ku rwego mpuzamahanga abarokotse ebola bagashishikarizwa kujya bakoresha udukingirizo mu mezi runaka akurikira gukiruka kwabo.
Iyi nkuru dukesha Africanews isoza ivuga ko abantu barenga 25,000 banduye ebola, naho abagera ku 11,000 bakaba barahitanywe n’iki cyorezo cyakwirakwiye mu mpera za 2013 mu bihugu bya Sierra Leone, Liberia na Guinea.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns/Bwiza.com



