Nyuma y’amasaha 8 ahatwa ibibazo muri pariki ya Lubumbashi, Moise Katumbi yaje kurekurwa yemererwa gutaha iwe mu rugo aho ategereje kuzongera kwitaba ubushinjacyaha kuri uyu wa Gatatu.
Mu gusohoka muri pariki, Moise Katumbi yahawe amashyi menshi n’imbaga y’abantu bari bakomeje gutegerereza hanze uko iyumvwa rye muri pariki riri bugende.

Moise Katumbi yageze ku rukiko kuri uyu wa Mbere aherekejwe n’imbaga y’abantu, na nyuma y’amasaha 8 yamaze ahatwa ibibazo abantu bakaba baramutegereje bakongera kumuherekeza ataha kugeza ageze iwe mu rugo.

Icyagaragaye kuri uyu wa Mbere nk’uko iyi nkuru dukesha Oeil d’Afrique ikomeza ivuga, n’uko abaturage b’I Lubumbashi bagaragaje ko bakunda kandi bashyigikiye uwahoze ari guverineri wabo witandukanyije n’ishyaka riri ku butegetsi mu mezi atari menshi cyane ashize akaba aherutse gutangaza ko aziyamamaza mu matora ya perezida ateganyijwe muri uyu mwaka.
Tubibutse ko Moise Katumbi ari guhatwa ibibazo ku birego yashinjijwe n’abategetsi ba Congo bamushinja kwinjiza abacanshuro b’abanyamahanga mu gihugu , aho bivugwa ko yinjije abagera muri 600 ariko we akaba yarabiteye utwatsi avuga ko ibi biramutse ari byo Congo nta perereza yaba ifite kuko abo bantu bose nta kuntu bakwinjira mu gihugu gutyo gusa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


