Itsinda ry’abakomando ryagabye igitero ku barwanyi ba al Shabaab ryica abagera kuri 15 harimo 3 bakuru muri Somalia yo hagati mu gace ka Galgadud.
Kuri uyu wa Gatatu taliki 11 Gicurasi 2016, nibwo abakomando mu gisirikare cya Somalia, bishe abarwanyi 15 ba al Shabaab ariko umuvugizi w’uwo mutwe w’iterabwoba, yanze kwemeza ayo makuru cyangwa ngo ayahakane.
Nk’uko Tuko.com ibitangaza, ngo Leta ya Somalia yatangaje ko muri abo 15 bapfuye harimo abarwanyi 3 bakuru.
Qadar Mohamud Ali, Komiseri muri ako gace yagize ati”abarwanyi 3 bakuru ba al Shabaab bari muri abo bishwe mu gitero cyagabwe muri Galgadud ahagana mu mujyi wa Galcad.
Ibyo byatangajwe, mu gihe umuvugizi wa al Shabaab, Abdulaziz Abu Musab,yatangaje ko yakomye mu nkokora igitero bagabweho cy’abanyamerika ahubwo atari aba Somalia, ariko yirinda kugira icyo atangaza kuri abo barwanyi bivukwa ko bishwe.
Aba bakomando ba Somalia bagabye igitero, nyuma y’uko al Shabaab yari yaturikirije igisasu ku kicaro cya Polisi i Mogadishu ikigamba ko cyahitanye abantu 4 harimo n’abapolisi 2 bashinzwe umutekano wo mu muhanda.
Aba bakomando biyambajwe, hashingiwe ko bahawe imyitozo ikomeye ku cy’ubutegetsi bwa Siad Barre, waje guhirikwa ku butegetsi 1991, mu gihe abo barwanyi ba al Shabaab bo ngo batorejwe muri Leta Zunze Ubumwe za Abarabu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com


