Nyiragongo: Abasirikare 2 ba FARDC bishwe

Sangiza iyi nkuru

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu rishyira iryo ku cyumweru tariki ya 15 Gicurasi 2016, abasirikare ba Leta ya Congo bagabweho igitero 2 muri bo bahasiga ubuzima.
Aba bantu bari baje bitwaje intwaro, bahise bahitana 2 ku ruhande rwa FARDC banakomeretsa umwe aho mu gace ka Kilimanyoka mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Inzego za Leta n’iza polisi muri Teritwari ya Nyiragongo, zatangaje ko imirwano yamaze igihe kirenga isaha, abagabye igitero bakaba bataramenyekana nk’uko Radiyo Okapi ibitangaza.
Mu gihe hakomeje kugaragara umutekano muke mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Sosiyeti sivile yandikiye Perezida Kabila ibaruwa ifunguye, bamubwira ku iyicwa ry’abantu rya hato na hato ndetse ko ari imbogamizi ku mutekano wabo.
Iyo baruwa ikaba yarasinyweho n’abayobozi ba sosiyeti sivile mu duce twa Beni, Butembo na Lubero. Teddy Kataliko, umuyobozi wa sosiyeti sivile mu gace ka Beni akaba atangaza ko abantu basaga 1000 bishwe mu buryo budasobanutse kuva muri 2014.
Mu gihe Perezida Kabila nawe atorohewe n’abamurwanya bamusaba kutongera kwiyamamaza ndetse ubu bakaba barimo guhamagarira bagenzi babo gutangira imyigaragambyo mu mihanda, izi sosiyeti sivile zo ziramusaba kongera umubare w’ingabo muri Nord Kivu hakomeje kugaragara ubwicanyi.
FARDC
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Théoneste/Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *