20250228_070900

Hahishuwe undi mugambi abateye ibidasu i Bukavu bari bafite 

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 watangaje ko imibare y’abaguye ndetse n’abakomerekeye mu gitero cy’ibisasu byatewe i Bukavu wiyongereye, kuko abapfuye bavuye kuri 11 bakagera kuri 13, barimo abagore n’abana.

Ibyo bisasu byatewe ahazwi nko kuri Place de l’Indépendence mu mujyi wa Bukavu ku wa Kane tariki ya 27 Gashyantare, ubwo Corneille Nangaa n’abandi bayobozi bakuru bo muri M23/AFC bari mu nama n’abaturage.

M23 biciye mu bayobozi bayo batandukanye, yatangaje ko ubutegetsi bwa Perezida Félix Antoine Tshisekedi ari bwo buri inyuma ya kiriya gitero yise icy’iterabwoba.

Lawrence Kanyuka uvugira uriya mutwe mu bya Politiki, mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu yavuze ko umugambi wa kiriya gitero wanogejwe ku wa Kane, ubwo Tshisekedi yahuraga na Jean-Jacques Purusi wahoze ari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo.

Ibiro bya Perezida Tshisekedi ku ruhande rwe byatangaje ko kiriya gitero cyagabwe n’u”igisirikare cy’amahanga kiri ku butaka bwa Congo mu buryo butemewe”, mbere y’uko Igisirikare cya RDC cyerura kigashinja ingabo z’u Rwanda kuba ari zo zakigabye.

M23 biciye muri Perezida wayo, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko hari abakekwaho kugaba kiriya gitero bamaze gutabwa muri yombi n’inzego za M23.

Bisimwa abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze abatawe muri yombi ubwo barimo bahatwa ibibazo bavuze ko ibisasu byatewe ahaberaga inama ya M23 bari bateguye kubitera kuri sitasiyo za lisansi, gusa uwo mugambi uza gupfuba.

Ati: “Amakuru y’ibanze yavuye mu buhamya bw’abakekwa batawe muri yombi n’inzego zacu, yerekana ko ubutegetsi bwa Kinshasa ku ikubitiro bwari bwateguye gutega ibisasu kuri Sitasiyo ebyiri za lisansi ziri mu marembo ya Place de l’Indépendence, mbere yo guhindura intekerezo bijyanye n’uko abasirikare bacu bari aho hantu habiri ku bwinshi.”

Ku bwa Bisimwa, mu bigaragara ngo ubutegetsi bwa Tshisekedi bwari bwapanze “guteza urupfu mu baturage benshi b’abasivile, nk’ingamba yo kubahanira kwakirana ubwuzu abasirikare ba ARC.”

Usibye abatakaje ubuzima, imibare itangwa na M23 yerekana ko abakomeretse bavuye kuri 60 bakagera kuri 72.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. M23 ukwiye kubazwa ababantu kuko yariziko umutekano udahari,yariziko harimitwe myishi bahanganye,irarenga iteranya imbaga yabantu kubwishi, abashinja Leta ntacyo bashingiraho kuko Leta yariyatanze umuburo kohashobora kuba ibitero,kuko na USA ijya uwutanga kdi bikaba

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *