Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 16 Gicurasi, nibwo umuhanzi Jennifer Lopez yagaragaje imibyinire idasanzwe mu gitaramo yakoreye i Atlanta ubwo bamamazaga ibyiza byo kugenda mu ndege “Quatar airways.

Ubwo Lopez yageraga ku rubyiniro abari aho batangiye kwifata ku munwa bitewe n’uburyo yabyinagamo n’imbaraga yakoreshaga acugusa ikibuno, ibintu benshi bamuziho kuri stage, anabyina yikuba ku bagabo.

Nk’uko bitangazwa na Dailymail, ngo uyu mugore w’imyaka 46 ashobora kuzagera aho abyina yambaye ubusa kubera uburyo yahinduranyaga imyambaro ku rubyiniro.

Nyuma yo gusoza iki gitaramo cyatangaje benshi nk’uko n’amafoto abigaragaza, bitangazwa ko Lopez wari umaze kubyina iminota 45 yahise akomereza ibirori i Las Vegas.


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
MUREGO Anatty@Bwiza.com


