Abanyarwanda n’abanyamahanga bagera ibihumbi umunani bamaze guhabwa urukingo rwa Ebola ku bushake. Muri aba nta n’umwe rwigeze rugiraho ingaruka mbi ku buzima bwe nkuko hari benshi bagiye babyibaza.
U Rwanda mu gukumira no kurinda ko indwara ya Ebola igera mu mu gihugu, hafashwe ingamba zitandukanye aho hateguwe Abaganga n’abakozi bashinzwe kwita ku muntu wagaragarwaho n’iyi ndwara, ku mipaka no kubibuga by’indege hashyirwa imbaraga, hashyizweho kandi aho abantu bakarabira intoki n’izindi ngamba.
Ibi ni nabyo byatumye abanyamakuru bagera kuri 60 bahabwa amahugurwa y’ibanze ndetse banerekwa uko bakwitwara mu gihe bari gutara no gushaka gutangaza amakuru ajyanye na Ebola.Habayeho kuganira n’abantu bafashe urukingo bemeza ko ubuzima bwabo ntacyo bahindutseho ari nk’ibisanzwe.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru bari guhabwa amahugurwa ajyanye n’uburyo bwo kwirinda Ebola n’uburyo abaturage bakingirwa , umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi Lt. Col. Kanyankore Williams, yavuze ko Abanyarwanda n’abanyamahanga bake bamaze gukingirwa urukingo rwa Ebola kandi ntawe bigeze babona agirwaho ingaruka narwo.
Ati “Tumaze gukingira abantu bagera ku 8000 barimo abanyamahanga bake natwe ubwacu abaganga twarakingiwe nta numwe uragira ingaru zivuye k’urukingo yakingiwe.”

Hategekimana Jean Baptiste, wakingiwe urukingo rwa Ebola, mu kuganiro yagiranye na Bwiza.com , yavuze ko yakingiwe tariki ya 03 Ukuboza 2019, aho avuga ko kuva yafata urukingo nta kibazo na kimwe aragira cy’ubuzima. Avuga ko ubuma bwarakomeje nk’ibisanzwe.
Hatgekimana avuga ko kugira ngo ajye kwipimisha yabyumvise kuri Radio no mu matangazo atangwa hafi y’umupaka bituma nawe afata icyemezo cyo kujya kwikingiza iki cyorezo.
“Niyumva neza rwose kandi ndakomeje kwirinda, nk’umuntu ukorera k’umupaka iyo mvuye hakurya ndaza nkakaraba hanyuma bakanampima, kuko basanze ufite bahita bakwitaho.”

Uwase Diane, ukorera imirimo y’ubucuruzi k’umupaka w’ u Rwanda na Congo avuga ko yaje kwikingiza tariki 10 Mutarama 2020 , kandi nyuma yo gufata urukingo ubuzima bwa komeje nk’ibisanzwe nta kibazo na kimwe yigeze ahura nacyo. Avuga ko impamvu yikingije byavuye kuba harabaye ubukangurambaga bityo nawe afata iya mbere kubikora kandi akaba akomeje gukurikiza inama yagiriwe.
Lt. Col Kanyankore avuga ko mu Rwanda hose Rubavu ari ho habanje gushyirwa ikigo gishinzwe kwita k’umurwayi wese ugaragayeho Ebola, hatanzwe amahugurwa aha ubumenyi abaganga kugira ngo bagire ubumenyi buhagije mu kwita uwari we wese ugize ikibazo cya Ebola.
Ikindi cyakozwe nuko abaganga nabo babaye aba mbere mu gufata inkingo, kubaka ibikorwa remezo bifasha mu kwita ku barwayi , kuri ubu hakaba hari n’inkingo zigera ku bihumbi 200 mu gihugu hose ku buryo abaturage nabo bemererwe gukingirwa icyorezo cya Ebola.
Dr. Lt. Col. Kanyankole William yemeje kugira ngo umuntu akingirwe hari ibyo abaganga bitaho birimo kubanza kwereka abaturage ubwiza bw’urukingo ubishaka akabikora, utabishaka ni uburenganzira bwe, harebwa kandi hagashingirwa kubera indi miti umuntu afata n’ikibazo afite mu buzima. Umuntu ashobora kuba afite imiti y’indwara arwaye nka diyabete ariko ntibimubuza gufata uru rukingo. Abaganga ngo barabanza bagashishoza ndetse bakareba ko umuntu afite imbaraga z’umubiri. Kuko ikibazo si indwara arwaye, ahubwo ni uko umubiri we umeze mu gihe ashaka gufata urukingo.
Mu Karere ka Rubavu na Rusizi niho abantu bafatira uru rukingo , abamaze gukingirwa kuri izi site zombi bararenga ibihumbi 8000 nkuko Dr. Kanyankole abivuga, muri iyi mibare abikingirije Rubavu honyine bararenga ibihumbi 6000.
Kugeza ubu inzego z’ubuzima ( MINISANTE) batangaza ko nta Ebola yari yagera k’ubutaka bw’u Rwanda, ibikorwa byose bikorwa nibigamije kuyirinda no kuyikumira.
Ishami ry’ubuzima ry’ umuryango w’abibumbye WHO ritangaza ko tariki 13 Mutarama 2020, muri Repuburika ya Demokarasi ya Kongo abemejwe ko barwaye Ebola ni 3406, muri bo 2236 ikaba yarabahitanye.


