Mu gihe mu Burusiya hagaragara ubusambanyi bwo kurwego rwohejuru, Polisi yakoze umukwabu nkumirabyaha ifata indaya zasambanaga, izitegeka kuzenguruka umujyi wose zambaye ubusa ziherekejwe n’abagabo basambanaga nazo .

Polisi yo mu mujyi wa St Petersburg, nyuma yo gufatira izo indaya mu cyuho n’abagabo bazigannye, mbere yo kugezwa kuri Sitasiyo ya Polisi babanje kuzenguruka mu mujyi hose bambaye uko bavutse.
Ayo mashusho yafashwe n’abagenzi banyuraga muri ako gace, agaragaza iryo tsinda rigoswe na Polisi ndetse n’abantu benshi bari bashungereye .
Muri icyo gikorwa cyo guhashya ubusambanyi , umutangabuhamya wabibonye yavuze ko Polisi yaje imenagura inzugi z’inzu zakekwagaho guturamo indaya, bazigwa gitumo.
Yagize ati ” Polisi yinjiraga mu nzu ikeka ko hatuyemo indaya, izo isanze zisambana ntitume zambara ikazisohokana hanze, gusa abagabo 3 nibo batorotse banyuze mu madirishya”

Icyo gihano ntangarugero, ngo ni kimwe mu bituma n’abandi batafashwe bafatiraho urugero, bityo ubusambanyi bwo mukajagari bube bwaranduka muri icyo gihugu.
Ubusanzwe, Uburusiya buri mu bihugu bigaragaramo uburaya ku rwego rwo hejuru, ahani ngo usanga biterwa n’abanyamahanga benshi bambukiranya imipaka umunsi ku wundi.

Ikindi kandi ngo hakunze kugaragara inzoga zifite ubukana zigatuma ubushake bwo gukora imibonano mpuzabitsina bwiyongera.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.com
Â


