La Tropicale Amissa Bongo: Areruya Joseph yabaye uwa kabiri mu gace ka kane

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Rwanda Areruya Joseph uri mu bakinnyi bahagarariye ikipe y’u Rwanda iri muri Gabo, yegukanye umwanya wa kabiri mu agace ka kane k’isiganwa ry’amagare zizenguruka igihugu cya Gabon, La Tropicale Amissa Bongo.

Abasiganwa bavaga mu gace ka Lambarene berekeza mu ka Mouila, ku ntera ya kilometer 190. Aka ni ko gace karekare muri iri siganwa dore ko karusha kilometer enye aka Mitzic- Ndoje abasiganwa birukanse ku munsi w’ejo.

Agace k’uyu munsi kegukanwe na Clovis Kazamong, wahise wandika amateka yo kuba Umunya-Cameroon wa mbere ushoboye kwegukana agace muri La Tropicale Amissa Bongo.

Aka gace kasize Umunya-Eritrea Natnael Tesfazion wegukanye agace ka kabiri ari we ucyambaye umwambaro w’umuhondo. Uyu musore ararusha Nzafashwanayo Jean Claude ukinira ikipe y’u Rwanda amasegonda 43, dore ko ari ku mwanya wa 14 ku rutonde rusange.

Undi munya-Rwanda uza hafi ku rutonde rusange ni Munyaneza Didier bita Mbappe wa 18 ku rutonde rusange. Uyu musore uri mu banya-Rwanda bahagaze neza mu mukino wo gusiganwa ku magare ararushwa na Tesfazion umunota umwe n’amasegonda 19.

Abandi ni Mugisha Moise wa 20 ku rutonde rusange urushwa umunota umwe n’amasegonda 24 na Uwihirwe Renus wa 26 we urushwa iminota ine n’amasegonda 12 n’uriya munya-Eritrea wa mbere.

Areruya Joseph wagiye muri iri siganwa ahanzwe amaso n’Abanyarwanda we ari ku mwanya wa 36 ku rutonde rusange, mu gihe Mugisha Samuel ari we ukomeje kwitwara nabi, dore ko atagaragara muri 40 ba mbere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *