Mu gihe muri Iraqi, abarwanyi ba ISISI bakomeje guteza umutekano muke, byatumye bagabwaho igitero n’indege z’intambara zihitana abarwanyi 18 b’uwo mutwe w’iterabwoba.

Ihuriro ry’abenegihugu b’aba Kurdistan mu ntara ya Nineveh, ryatangaje ko kuri uyu wa Kane taliki 19 Gicurasi 2016, indege z’intambara zibarizwa mu Majyaruguru y’i Burengerazuba bwa Mosul ko zahitanye abarwanyi 18 ba ISIS.
Iraqinews itangaza ko umuvugizi w’iryo huriro Ghyath al-Surji, yavuze ko izo ndege zarashe ibisasu bifite ubukana mu cyaro cya Batnaya gihitana abo barwanyi bari bari mu modoka zigera kuri 6.

Ibyo byabaye nyuma gato y’igisasu cyaturikiye Baghdad mu gace ka al-Refai, kigakomeretsa abasirikare ba leta bagera kuri 3, bahita bajyanwa kwa muganga.
Ubwiyongere bw’ibitero bigabwa na ISIS, bwatumye Polisi ikora umukwabu wo gushakisha abari ku rutonde rw’abakekwaho iterabwoba, ifata abagabo 4 mu Majyepfo yo mu gace ka Kirkuk.

Brg Gen Sarhad Qadir umuyobozi muri Polisi, yatangaje ko bataye muri yombi abagabo 4 bakekwaho kuba bari inyuma y’ibitero bikomeje kugenda bifata indi ntera muri Iraqi, by’umwihariko i Baghdad.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ndacyayisenga Fred@Bwiza.


