Uganda: Umuyobozi Mukuru wa Polisi ntavuga rumwe na Minisitiri w’umutekano kwiyirukanwa ry’abapolisi

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Uganda IGP Martin Okoth Ochola na Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu Gen. Jenje Odong, ntibavuga rumwe ku bijyanye no kwirukana abapolisi batandatu bakuru baherutse kurangiza amasezerano yabo mu gipolisi.

Mu minsi ishize ni bwo umuyobozi wa Polisi ya Uganda yahamagaje bariya bapolisi bose uko ari batandatu, abategeka ko bitarenze ku wa gatanu w’iki cyumweru…(itariki) bagomba kuba bavuye bakanatanga ibiro ku babungirije.

Ni nyuma yo kurangiza amasezerano y’akazi y’imyaka itatu mu mpera z’umwaka ushize, byaje kurangira batayongerewe.
Abo bapolisi uko ari batandatu bose bafite ipeti rya Assistant Inspector General of Police (AIGP).

Abo ni Erasmus Twaruhukwa ushinzwe amategeko muri Polisi, Dr Steven Kasiima wari umuyobozi wa polisi yo mu muhanda, Lemmy Twinomugisha wari umuyobozi w’imari, Joseph Mugisa wari umuyobozi w’ishami rishinzwe kuzimya inkongi n’ubutabazi, Haruna Isabirye (Police Attaché to New York), na Francis Rwego wari umuyobozi wa Interpol muri Uganda anayihagarariye mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU.

Amakuru avuga ko Ochola yandikiye Minisitiri Jenje amugisha inama ku kibazo cya bariya ba polisi, agahabwa igisubizo ko perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni nta bushake afite bwo kuvugurura no kongera amasezerano yabo.

Bivugwa kandi ko nyuma y’uko abo bapolisi bamenyeye ko Ochola ashaka kubasohora mu biro ku ngufu, baciye mu gikari biyambaza Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu ngo abafashe.

Mu ibaruwa yandikiye Martin Ochola, Gen. Jenje Odong yamutegetse ko abagumisha mu kazi kabo, mu gihe hagitegerejwe ko Museveni ufite Polisi mu nshingano ze abongerera amasezerano cyangwa akabirukana burundu.
Imicungire mibi imaze igihe ivugwa muri Polisi ya Uganda ni yo ntandaro y’ uko kutavuga rumwe kuri iki kibazo.

Bivugwa ko bamwe muri bo banditse basaba ko amasezerano yabo asubirwamo akongererwa, mu gihe Gen. Kale Kayihura yari akiri umuyobozi wa Polisi ya Uganda, gusa imyaka ibiri irenga ikaba yihiritse nta kirakorwa.

Mu gihe aba bapolisi baba batongerewe amasezerano, bakwiyongera ku bandi batatu baherutse kwirukanwa muri Kamena umwaka ushize, mu gihe hari n’abandi batanu bafite amasezerano azarangirana na Nyakanga uyu mwaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *