Ngiri ihamagarwa rya Barafinda ryakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga

Ubugenzacyaha bwahamagaje Barafinda wigeze gushaka kuyobora igihugu

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB rwahamagaje Barafinda Fred wigeze gushaka kwiyamamariza umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora mu Rwanda yabaye mu 2017.

Ibaruwa yacaracaye ku mbuga zitandukanye, igaragaza ibaruwa yanditswe na RIB igenewe Barafinda Fred. Iyi baruwa yanditswe n’Umugenzacyaha , Jean Claude Karasira tariki ya 5 Gashyantare 2020, imusaba kwitaba tariki ya 10 Gashyantare.

Ngiri ihamagarwa rya Barafinda ryakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga
Ngiri ihamagarwa rya Barafinda ryakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga

Ikinyamakuru Igihe cyavuganye n’umuvugizi wa RIB, Marie Michel Umuhoza, yemeza aya makuru, ko Barafinda hari ibyo azabazwa ku wa mbere w’icyumweru gitaha. Uyu muvugizi yagize ati: “Ntabwo twavuga ko twamuhamagaye ngo tumubaze ku cyaha iki n’iki, twamuhamaye kugira ngo agire ibyo asobanura.”

Barafinda azitaba RIB mu buryo butamenyerewe, gusa Umuhoza avuga ko na bwo bubaho, bikaba ari ikimenyetso kigaragaza ko koko ashobora kuba nta cyaha akurikiranweho. Abakurikiranweho ibyaha, byumvikana mu matangazo ko batawe muri yombi, bagakurikiranwaho ibyo bashinjwa, bafunzwe.

Uyu mugabo akunze kumvikana avuga ko ari umunyapolitiki ufite ubunararibonye, agacishamo, akavuga n’uko yumva gahunda za leta zitandukanye. Hari n’ubwo yiyitirira imyanya ikomeye nk’umusirikare mukuru n’indi, gusa hari ababifata nk’urwenya bijyanye n’amakuru yigeze kumuvugwaho ko yagizeho uburwayi bwo mu mutwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *