9a810170-2f6a-11f0-b26b-ab62c890638b

Hamas yarekuye imbohe ya nyuma y’Umunyamerika wari ukiri muzima

Sangiza iyi nkuru

Edan Alexander, imbohe y’Umunya-Israel n’Umunyamerika yongeye guhura n’umuryango we muri Israel nyuma yo gufungwa na Hamas muri Gaza amezi 19.

Uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko yari mu Gisirikare cya Israel akorera ku mupaka wa Gaza ubwo yafatwaga n’abarwanyi ba Hamas ku itariki ya 7 Ukwakira 2023.

Kuri uyu wa Mbere, itariki 12 Gicurasi, Israel yahagaritse ibikorwa byayo bya gisirikare i Gaza amasaha make kugirango iki gikorwa gishoboke.

maxresdefault 1

Umwe mu bayobozi bakuru ba Hamas yabwiye BBC ko irekurwa ryari rigamije kwerekana ubushake ndetse no mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano mashya yo guhagarika imirwano mbere y’uruzinduko rwa Perezida wa Amerika, Donald Trump, mu Burasirazuba bwo Hagati kuri uyu wa Kabiri.

Bivugwa ko Edan Alexander ari we muturage wa nyuma wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wari ufitwe na Hamas wari ukiri muzima.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *