Imanza ziregwamo Masra ngo zishobora kongera ibibazo ku kugabanya urubuga rwa demokarasi muri Tchad, aho guverinoma ikunze kubuza imyigaragambyo kandi igashinjwa kubangamira itangazamakuru.
Inyandiko yanyujijwe kuri Facebook yanditswe na Ndolembai Sade Njesada, visi perezida w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi rya Transformers riyobowe na Masra, yerekanye amashusho y’abasaga n’abantu bitwaje intwaro basohora Masra mu nyubako ye.
Umuvugizi wa guverinoma ntabwo yahise asubiza icyifuzo Reuters cyo gutanga ibisobanuro.
Masra yagaragaye cyane nk’umuntu utavuga rumwe n’ubutegetsi buyobowe na Perezida Mahamat Idriss Deby, wafashe ubutegetsi nyuma y’uko se, Perezida Idriss Deby wari umaze igihe kinini ku butegetsi yishwe, ubwo yasuraga ingabo zari bihanganye n’inyeshyamba mu majyaruguru y’igihugu mu 2021.
Muri Mutarama 2024, Masra yagizwe minisitiri w’intebe mu rwego rwo guturisha abatavuga rumwe n’ubutegetsi, amezi ane mbere y’amatora Mahamat Idriss Deby yatsinze ku majwi 61%.
Mbere yo gutangaza ku mugaragaro ibyavuye mu matora by’agateganyo, Masra yari yatangaje ko yatsinze kandi avuga ko hateganijwe uburiganya bw’amatora.
Yari yatanze ubwegure ku mwanya wa minisitiri w’intebe mbere y’uko General Mahamat Idriss Deby arahira.


