17203264_604

Imirwano yakomeje hagati ya AFC/M23 na Wazalendo muri Tongo na Bukombo

Sangiza iyi nkuru

Imirwano ikomeye yakomeje kuri uyu wa Gatandatu, itariki ya 17 Gicurasi, hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo mu gace ka Butare, muri Gurupoma ya Tongo, Teritwari ya Rutshuru, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, ibindi bitero bigabwa ku birindiro bya Wazalendo muri Gurupoma ya Bukombo.

Iyi mirwano ibaye mu gihe havugwaga ituze  muri Gurupoma za Bambo na Mutanda, nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze muri kano karere bivugwa ko yaba yarahitanye abasivili.

Nk’uko amakuru atandukanye aturuka muri ibyo bice abitangaza, inyeshyamba za M23 zaturutse muri Kabizo na Katsiru zagabye ibitero icyarimwe ku birindiro bibiri by’inyeshyamba za Wazalendo zifatanya na Leta ya Kinshasa. Ni muri Butare, agace gatuwe cyane muri Gurupoma ya Tongo.

Ikindi gitero ni icyagabwe ku kigo cy’imyitozo cya Wazalendo ahitwa Koojo, muri Gurupoma ya Bukombo.

Amakuru agera ku rubuga mediacongo.net dukesha iyi nkuru avuga ko inyeshyamba za M23 zakoresheje intwaro zikomeye n’amabombe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *