Ikipe FC Barcelona ibifashijwemo yanditse amateka yo kuba ikipe yatsinze ibitego byinshi mu mateka ya shampiyona ya Espagne, nyuma yo kunyagira Eibar ibitego 5-0, Messi atsinda ibitego bine wenyine muri uyu mukino
Igitego cya mbere uyu munya-Argentine yagitsinze ku munota wa 14 w’umukino, atsinda icya kabiri ku wa 37 mbere yo gutsinda icya gatatu ku munota wa 40 w’umukino.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye FC Barcelona yakiniraga i Camp Nou ku kibuga cyacyo iri imbere n’ibitego 3-0.
Iyi kipe y’umutoza Quique Setien yanihariye umukino mu gice cya kabiri , itsinda ibindi bitego bibiri harimo n’ibindi nka byo byanzwe n’umusifuzi kubera kurarira.
Umunya-Brazil Arthur Melo ni we watsinze igitego cya kane ku munota wa 87, ku mupira yari ahawe n’umunya-Denemark Martin Braithwaite uherutse kugurwa na Barcelona nk’umusimbura wa Ousmane Dembele wavunitse.
Braithwaite yongeye gutanga umupira ku munota wa 89 w’imikino, awuha Messi wahise utsinda igitego cya gatandatu nyuma yo gucenga umuzamu wa Eibar.
Magingo aya FC Barcelona imaze gutsinda ibitego 6151 muri la Liga, mu gihe Real Madrid imaze gutsinda ibitego 6150.
Ibitego bine Messi yatsinze we byahise bimuhesha kuyobora urutonde rw’abafite byinshi muri shampiyona y’uyu mwaka aho amaze gutsinda 18.


