Tour du Rwanda 2020 : Umunya-Colombia yegukanye agace ka gatatu, Abanyarwanda berekwa igihandure

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Colombia Jhonatan Restrepo ukinira Andoni Giocatto yo mu Butaliyani ni we wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda yavaga i Huye yerekeza i Rusizi.

Abasiganwa bakoze intera ya kilometero 142, kuva mu Mujyi wa Huye baca mu Ishyamba rya Nyungwe, bakinjira i Nyamashake mbere yo gusoreza mu Mujyi wa Rusizi.

Ni ku ncuro ya kabiri Tour du Rwanda yari igeze i Rusizi nyuma ya 2016 ubwo Umunyamerika Rugg Timothy yegukanaga ako gace.

Abasore ba Team Rwanda bagerageje guhatana muri kilometero 100 za mbere z’isiganwa, gusa baza kugorwa na kilometero 40 za nyuma.

Nta n’umwe muri bo wageze i Rusizi ari mu 10 ba mbere.
Abanya-Eritrea Ni bo bihariye imyanya myinshi mu 10 bageze i Rusizi bari imbere y’abandi.

Umunyarwanda waje hafi muri aka gace ni Areruya Joseph wageze i Rusizi ari uwa 16, arushwa umunota umwe n’amasegonda 16 na Restrepo.

Aka gace ka Rusizi kasize Umunya-Kazakhstan, Yevgeniy Federov wari umaranye umwambaro w’umuhondo iminsi ibiri awutakaza, ufatwa Umunya-Eritrea Hailu Biniam wa Nippo Delko Marseille Province yo mu Bufaransa.

Uyu musore akurikiwe na Mulueberhan Henok ukinira ikipe y’igihugu cye cya Eritrea, mu gihe Umunya-Colombia Jhonatan Restrepo aza ku mwanya wa gatatu ku rutonde rusange.

Areruya Joseph ni we Munyarwanda uza hafi ku rutonde rusange aho ari ku mwanya wa 13 arushwa umunota umwe n’amasegonda 36 n’uwa mbere.

Iri siganwa rizakomeza ku munsi w’ejo abasiganwa bava i Rusizi berekeza i Rubavu, ku ntera ya kilometero 206.6. Aka ni ko gace karekare kurusha utundi twose muri Tour du Rwanda y’uyu mwaka.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *