home04pixx-data

Uganda: Abavoka basabye ko Umucamanza wa Nakawa ava mu rubanza rwa Besigye na Lutale

Sangiza iyi nkuru

Abavoka bahagarariye abanyapolitiki b’inararibonye batavuga rumwe n’ubutegetsi Dr. Kizza Besigye n’umufatanyabikorwa we, Hajj Obeid Lutale Kamulegeya, basabye ko Umucamanza Mukuru wa Nakawa, Christine Nantege, avanwa mu rubanza rwa Besigye na Lutale, kubera ko ngo ari kubogama, afite ubushobozi buke, kandi adashobora gutanga ubutabera.

 

Itsinda ry’abanyamategeko riyobowe n’Umuyobozi wa Kampala, Erias Lukwago, ryatangaje ku wa Kane ko ibikorwa by’umucamanza byateje kwibaza ibibazo bikomeye ku kutabogama kwe muri iyi dosiye.

 

Lukwago yavuze ko itsinda ry’abanyamateko bunganira abaregwa ryafashe icyemezo cyo kujyana Umucamanza Nantege muri Komisiyo ishinzwe Ubutabera (JSC).

 

Ku wa Kane, Lukwago yabwiye abanyamakuru hanze y’urukiko i Nakawa ati: “Indi ntambwe twateye ni ukumusaba ko kwikura muri iki kibazo kubera kubogama no kutagira ubushobozi.”

 

Besigye na Lutale bakurikiranweho icyaha cyo kugambanira igihugu, kuri uyu wa Kane, itariki 12 Kamena, bitabye urukiko kugira ngo bumve icyifuzo cya Leta gisaba kwamburwa telefoni zabo.

 

Lukwago yagize ati: “Iki ni ikibazo gikomeye gikora ku buzima bw’abakiriya bacu. Ni icyaha gikomeye gihanishwa igihano cy’urupfu mu gihe uhamwe n’icyaha, kandi ntidushaka ko hagira ikintu na kimwe gikemurwa mu buryo budashimishije. Ni yo mpamvu tudashobora gusiga ibuye iryo ari ryo ryose ridahindukijwe mu gushakira ubutabera abakiriya bacu”.

 

Yongeyeho ko uko Umucamanza Nantege yitwara muri uru rubanza byahinduye urukiko “Urukiko rwa Kanguru.”

 

Biteganyijwe ko uru rubanza ruzasubukurwa ku itariki ya 26 Kamena 2025.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *