Imidugudu n’imijyi myinshi yo mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bimaze ibyumweru byinshi bihungabanywa n’imirwano hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’inyeshyamba za ho z’Abawazalendo.
Iyi mirwano yakajije umurego kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki ya 18 Kamena, muri teritwari za Kabare, Kalehe, na Walungu.
Muri Teritwari ya Walungu, impande zombi zagiye mu mirwano kuva ku wa Kabiri, itariki ya 17 Kamena ahitwa Nyangezi no mu duce tuhakikije nk’uko iyi nkuru dukesha Actualite.cd ikomeza ivuga.
Abatangabuhamya benshi bavuga ko urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwakomeje kumvikana ndetse kugeza mu gitondo cyo ku wa Gatatu, itariki ya 18 Kamena.
Ni na ko byari bimeze i Lurhala, n’ubundi muri Teritwari ya Walungu. Amakuru aturuka muri ako gace yagize ati: “I Lurhala no mu bice biyikikije habaye imirwano, ariko ntituzi abapfuye.”
Imirwano ikaze yiganje cyane muri Teritwari ya Kabare, cyane cyane muri Cirunga, Mumosho, na Katana. Urugero, ku wa Gatatu, imirwano yatangiye i Cirunga saa kumi n’imwe za mu gitondo.
Umuturage wa Cirunga yagize ati: “Wazalendo yagerageje kwirukana inyeshyamba za AFC / M23, abantu babiri barapfa”.
Amakuru aturuka muri sosiyete sivile yongeyeho ko: “Hafi ya Mumosho na Katana hari ubwoba bwinshi, kandi andi makimbirane avugwa hafi ya Kigabi.”
Imirwano yabereye i Mumosho bivugwa ko yakwirakwiriye i Nyantende, ahumvikanye urusaku rw’amasasu, bituma haba ubwoba ndetse no muri Panzi.
Iyi mirwano iragenda ikwirakwira, mu buryo bunyuranyije n’amasezerano yo guhagarika imirwano yatangajwe kugira ngo inzira z’amahoro zitandukanye zirangire neza muri DRC. Kinshasa na AFC / M23 baracyari mu biganiro by’amahoro bya Doha, muri Qatar.


