Gt37nS8XcAACCe5

Musanze: Abapolisi 34 b’abanyamahanga mu basoje amasomo ajyanye n’ubuyobozi

Sangiza iyi nkuru

Mu Ishuri Rikuru rya Polisi riherereye mu Karere ka Musanze kuri uyu wa Gatanu, itariki 20 Kamena 2025, harabera umuhango wo gusoza icyiciro cya 13 cy’ amasomo y’umwaka umwe ajyanye n’ubuyobozi (Police Senior Command and Staff Course).

Muri uyu mwaka abapolisi 34 bo ku rwego rwa ba Ofisiye bakuru baturutse mu bihugu icyenda bya Afurika, barifatanya na bagenzi ba bo mu Rwanda mu kwishimira ko basoje neza amasomo bari bamazemo umwaka.

Gt4CBK0XEAA hW3

Gt4CBKvXQAANDOS

Uyu muhango wo gusoza amasomo y’icyiciro cya 13 wayobowe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta. Ni umuhango kandi witabiriwe n’abadipolomate n’intumwa ziturutse mu bindi bihugu byitabiriye aya masomo.

Gt4GdV9WMAAZ4IF

Umuyobozi w’ishuri rikuru rya Polisi, CP Rafiki Mujiji, mu ijambo rye yagize ati: “Aya masomo y’ubuyobozi (Police Senior Command and Staff) asozwa uyu munsi amara umwaka umwe atangwa n’Ishuri rikuru rya Polisi rifatanyije na Kaminuza y’u Rwanda ndetse na African Leadership University. Twishimiye kubatangariza ko abanyeshuri 34 basoje neza amasomo yabo uyu munsi, kugira ngo babigereho byerekana gukora cyane, imyitwarire myiza ndetse no kwiyemeza. Mugiye gusubira mu nzego zitandukanye muzaba mukoreramo, dufite icyizere ko ubumenyi n’ubushobozi ku miyoborere mwungutse bizabafasha guhangana n’ibibazo by’umutekano muke muri ibi bihe turimo kandi mukabikora kinyamwuga”.

Gt37nS4XcAAlnzU Gt37nS XoAEa gW

 

Gt4CbIkW0AAtwd5 Gt4CbInWIAEXEhc Gt4CbIoWoAAcmaN Gt4CbIsWYAAOEtP Gt4GdV4WQAATKBE Gt4GdV4XwAACU7n Gt4GdV6XEAAo5cd

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *