Kuri uyu wa Gatatu, abaturage ba Nairobi bahatiwe gukora urugendo rurerure nyuma y’uko abapolisi bafunze imihanda minini igana mu karere k’ubucuruzi (CBD) hagati muri Nairobi mbere y’imyigaragambyo y’urubyiruko iteganijwe.
Urubyiruko rwo muri iki gihugu rwateguye imyigaragambyo i Nairobi no mu yindi mijyi minini mu rwego rwo kwamagana ubugome bwa polisi, gushimuta, n’akarengane, mu gihe bizihiza isabukuru ya mbere y’imyigaragambyo yiciwemo benshi umwaka ushize.
Mu rwego rwo kwitegura iyo myigaragambyo, abapolisi bakajije umurego mu bikorwa byabo kandi bafunga imihanda minini igana ku Nteko Ishinga Amategeko kugira ngo abigaragambya batongera kugerageza kwinjiramo nk’ubushize.
Igenzura ryakozwe n’ikinyamakuru The Star ryerekanye ko abapolisi benshi bo kurwanya imyigaragambyo barunzwe ku Nteko ishinga amategeko no hafi yayo.
Abapolisi kandi bashyizwe mu nzira nini zinjira i Nairobi, harimo inzira ya Waiyaki, Umuhanda wa Mombasa, Umuhanda wa Thika, n’Umuhanda wa Ngong.


