Hirya no hino mu Ntara zo mu Rwanda hagiye gufungurwa ibitaro 10 bya Kaminuza, biri ku rwego rwa Kabiri nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, mu kiganiro na RBA, kigaruka ku ishusho y’urwego rw’Ubuzima mu myaka 31 u Rwanda rumaze rwibohoye.
Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umubare w’abaganga wari muto mu gihe Igihugu cyari cyabaye isayo y’indwara, maze hashyirwaho urwego rw’abajyanama b’ubuzima bashobora kugabanya umubare w’abahitanwa n’indwara.
Dr Nsanzimana ati “Icyo gihe malaria yari nyinshi, nta nzitiramibu zihari, nta miti ifatika yari ihari. Hahuguwe abantu ibihumbi 60 mu gihugu hose bahabwa ibikoresho. Igikorwa gikomeye bakoze, ni ukugabanya kugira ngo abarokotse Jenoside, badahitanwa na Malaria n’izindi ndwara.”
Minisitri Nsanzimana akomeza kandi avuga ko uru rwego rwakomeje kwagurwa runongererwa ubushobozi ku buryo kuri ubu bakurikirana na zimwe mu ndwara zidakira zirimo n’umuvuduko w’amaraso.
Uretse ubuke bw’abaganga, ibikorwaremezo by’ubuvuzi nabyo biri mu byashyizwemo imbaraga mu myaka 31 ishize.
Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa amavuriro y’ibanze (postes de santé) 1,200, atarahozeho mbere.
Habarurwa kandi Ibigo Nderabuzima 510 bivuye ku 100 mu 1994. Ni mu gihe ibitaro kuri ubu ari 57 n’Ibitaro bya Kaminuza bitandatu.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana avuga ko mu kunoza serivisi z’ubuvuzi, hakomeje kubakwa ibitaro hirya no hino mu gihugu.
Yagize ati “Iyo ufite abaganga n’ibikoresho, ikiba gisigaye aba ari inyubako. Hari ibitaro biri kuvugururwa, ndetse no mu Ntara hagiye gufungurwa ibitaro 10 bya Kaminuza ku rwego rwa kabiri.”
Kuri ubu, Ibitaro byitiriwe Umwami Faisal, Ibitaro bya Kanombe n’ibya CHUK nabyo biri kwagurwa ngo byakire umubare munini w’ababigana ndetse binashyirwa ku rwego mpuzamahanga.


