urnpublicidap.org889e2ba4274ec2de030e0fcf15cf81d6Musk_Trump_00091

Trump yanenze ishingwa ry’ishyaka rishya rya Elon Musk

Sangiza iyi nkuru

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuri iki Cyumweru yanenze bikomeye Elon Musk wahoze ari umujyanama we nyuma y’uko uyu muherwe wa mbere ku Isi atangaje ishingwa ry’ishyaka rishya rya politiki ryo guhangana n’amashyaka abiri asanzwe asimburana ku butegetsi. 

Mu kiganiro kigufi yahaye abanyamakuru mbere yo kwinjira mu ndege ya perezida izwi nka Air Force One, Perezida Trump yagize ati: “Ntekereza ko ari ubupfapfa gutangiza ishyaka rya gatatu. Iteka hahozeho  uburyo bw’amashyaka abiri kandi ntekereza ko gutangiza ishyaka rya gatatu byakongera urujijo gusa.”

Ni nyuma y’umunsi umwe gusa Musk atangaje ku rubuga nkoranyambaga rwe X ko yatangije ishyaka ryitwa America Party mu rwego rwo guhangana n’amashyaka abiri asanzwe ayobora igihugu; iry’Abarepubulikani n’iry’Abademokarate.

Elon Musk, ufite inganda zikomeye zirimo Tesla, rukora imodoka zikoresha ingufu z’amashanyarazi, yagizwe umuyobozi wa minisiteri nshya yiswe DOGE (mu mpine y’Icyongereza), ishinzwe gufasha kugabanya amafaranga leta ikoresha, mbere yo gushwana na Trump bapfa itegeko rigenga imisoro ribangamiye inyungu ze.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *