3X26KJEEWVBFDC7JWAGSGS2DAQ

Umuyobozi muri Hamas aremeza ko bamaze gutakaza 80% bya Gaza

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare mukuru mu nzego z’umutekano za Hamas yabwiye BBC ko uyu mutwe witwaje intwaro wo muri Palestine watakaje hafi 80% by’akarere ka Gaza kandi ko imiryango y’abantu ku giti cyabo ifite intwaro irimo kuziba icyuho.

Uyu mugabo ufite ipeti rya Liyetona koloneli yavuze ko uburyo bwo kuyobora ingabo no kugenzura bwa Hamas bwasenyutse kubera amezi menshi y’ibitero bya Israel byangije ubuyobozi bwa politiki, igisirikare n’umutekano.

Uyu musirikare yakomeretse mu cyumweru cya mbere cy’intambara, yatangiye nyuma y’igitero cyagabwe na Hamas kuri Israel ku itariki ya 7 Ukwakira 2023, kuva icyo gihe akaba yaravuye ku mirimo ye kubera impamvu z’ubuzima.

Yahaye BBC ubutumwa bwinshi bw’amajwi ariko yifuza ko atamenyekana.

Muri ubwo butumwa, uyu musirikare yashushanyije ishusho y’uko Hamas yasenyutse imbere ndetse n’uko umutekano uri gusenyuka burundu muri Gaza, aho uwo mutwe wayoboraga mbere y’amakimbirane.

Ati: “Reka dushyire mu gaciro hano, bisa nk’aho nta gisigaye mu nzego z’umutekano. Abayobozi benshi, hafi 95%, ubu barapfuye … Imibare y’abakora bose barishwe”. “Noneho mu by’ukuri, ni iki cyabuza Israel gukomeza iyi ntambara?”

Yakomeje agira ati: “Mu buryo bwumvikana, igomba gukomeza kugeza ku iherezo. Ibisabwa byose byaregeranyijwe: Israel ifite imbaraga zo hejuru, Isi iracecetse, ubutegetsi bw’Abarabu buracecetse, udutsiko tw’abagizi ba nabi turi hose, sosiyete irimo gusenyuka. ”

Muri Nzeri umwaka ushize, Minisitiri w’Ingabo w’igihugu cya Israel yatangaje ko “Hamas nk’umutwe wa gisirikare itakiriho” ubu yagiye mu ntambara y’inyeshyamba.

Nk’uko uyu wayoboye ingabo muri Hamas abivuga, uyu mutwe wagerageje kongera kwisuganya mu gihe cy’iminsi 57 y’agahenge hagati ya wo na Israel mu ntangiriro z’uyu mwaka, ivugurura inzego za politiki, igisirikare n’umutekano.

Ariko kuva Israel yasesa amasezerano y’agahenge muri Werurwe, yibasiye inzego z’ubuyobozi za Hamas zari zisigaye, bituma iryo tsinda risigara mu gihirahiro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *