F2g78weWoAAmnSJ.jpg-20230804101007000000

Abantu 9 bo mu muryango wa Tshisekedi barezwe mu rukiko rw’i Bruxelles

Sangiza iyi nkuru

Abantu icyenda bo mu muryango wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barezwe mu rukiko rw’i Bruxelles mu Bubiligi bashinjwa gusahura amabuye y’agaciro yo mu ntara za Haut-Katanga na Lualaba.

Ikinyamakuru La Libre cyo mu Bubiligi cyanditse ko icyenda bajyanwe mu butabera barimo baramukazi ba Perezida Tshisekedi, babyara be, abahungu be, abavandimwe be ndetse n’umugore we, Denise Nyakeru Tshisekedi.

Baregwa kuba “abafatanyacyaha ndetse n’ibyitso mu bikorwa bya ruswa ndetse n’indi myitwarire y’ubugizi bwa nabi.”

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Nyakanga ni bwo ikirego kiregwamo bariya bantu icyenda bo mu muryango wa Tshisekedi cyashyikirijwe Umushinjacyaha Mukuru wungirije wa Leta y’u Bubiligi, Ann Fransen.

Ikirego cyatanzwe n’abanyamategeko: Bernard na Brieuc Maingain, mu izina ry’imiryango myinshi itegamiye kuri Leta yo mu ntara ya Katanga ndetse no mu rya bane bahoze ari abayobozi ba Sosiyete ya Gécamines icukura amabuye y’agaciro muri iriya ntara.

Mu kirego cyatanzwe, bariya banyamategeko bavuze ko bariya bantu bo hafi ya Tshisekedi atari bo bonyine biba amabuye y’agaciro muri Katanga.

Ikirego cyatanzwe i Bruxelles cyibanda “ku bantu bafite ubwenegihugu bw’u Bubiligi” inkiko zo muri kiriya gihugu zifite ububasha bwo kuburanisha.

Umwe mu batanze ikirego yunzemo ko “Ibindi birego bishobora gutangwa mu bindi bihugu, aho abasahuzi b’ubutunzi bwacu bakomoka”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *