bitmap_1200_nocrop_1_1_20250610215010403156_WhatsApp_Image_2025-06-10_at_14.46.29

Guverineri wa Haut Katanga amaze icyumweru aburiwe irengero

Sangiza iyi nkuru

Byose byatangiye ku itariki ya 1 Nyakanga mu nama Guverineri Jacques Kyabula yakoresheje. Muri videwo yagiye ahagaragara, yibasiye u Rwanda bikabije, arushinja kuba rwaratangije intambara mu burasirazuba bw’igihugu. Ku bwe, u Rwanda rugomba kwibandwaho, aho kwibanda k’uwahoze ari Perezida Joseph Kabila n’umuhuzabikorwa wa Alliance Fleuve Congo (AFC), Corneille Nangaa, avuga ko ari Abanyekongo.

Yakomeje avuga ko ikibazo cyabo gishobora gukemurwa nyuma. Aya magambo bivugwa ko atakiriwe neza cyane i Kinshasa, kubera ko ubudahangarwa bwa Joseph Kabila nka “senateri ubuzima bwe bwose”  bwavanweho, kandi akaba ashinjwa gukorana na Corneille Nangaa wakatiwe urwo gupfa adahari.

Nyuma y’iminsi micye, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu yahamagaje Kyabula i Kinshasa, ariko ntiyitaba. Umwe mu bayobozi yagize ati: “Ubu buryo bwo guhamagarwa ntabwo buganirwaho, bushyirwa mu bikorwa.”

Nyuma y’iminsi ibiri, Kyabula yarasubije avuga ko arwaye. Kuva icyo gihe, nta kintu cyabaye. Abapolisi n’Ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka batangiye kumushaka ariko ntagerwaho, ndetse no kuri terefone. RFI ivuga ko na yo itashoboye kuvugana nawe.

Abamwegereye bo bakomeza bavuga ko akiri i Lubumbashi kandi ko abaganga be bamusabye kuzimya telefoni. Iyi verisiyo ishidikanwaho n’inzego z’umutekano ndetse umwe mu bagize umuryango we yatawe muri yombi.

Nk’uko amakuru abitangaza ngo yagerageje kuva mu gihugu.

Umwe mu bayobozi yatangarije RFI ati: “Turi mu ntara y’ingenzi, ikungahaye ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kandi aho abantu babiri bakomeye, Katumbi na Kabila, biyunze ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.”

Hagati aho, Jacques Kyabula yasimbuwe, n’umwungirije urimo gukora nka guverineri w’agateganyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *