Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF) ryareze iryo muri Uganda (FUFA) muri CAF ko Uganda yarenze ku mategeko agenga irushanwa ubwo hakinwaga imikino yo gushaka itike yo kwitabira igikome cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 17 mu bagore. Tanzania yatanze ikirego mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ikaba ishinja Uganda kuba yarakinishije abakinnyi bari hejuru y’imyaka 17 ubwo bahuraga mu mukino watumye Tanzania itakaza itike aho yakurwagamo na Uganda iyitsinze ibitego 6-2 mu mukino wabaye tariki 14 Werurwe 2020. Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Tanzania (TFF), Wilfred Kidao avuga ko Uganda muri uyu mukino yakinishije abakinnyi bane aribo Juliet Nakulenge, Fauzzia Najjemba, Shamirah Nalujja, na Grace bose bakaba bari abakobwa bari hejuru y’imyaka 17 y’amavuko. Wilfred Kidao ashingira ku kuba bamwe muri aba bakinnyi barakinnye shampiyona y’abagore ya Uganda muri 2015 hanyuma muri 2018 bagakina irushanwa rikuru Mpuzamahanga rya CECAFA banahuriyemo na Tanzania bityo hakaba hibazwa niba barakinaga shampiyona bafite imyaka 14 kandi amategeko atemerera umukinnyi ufite iyi myaka gukina mu ikipe nkuru. Kidao ati “ Muri 2018 twakinnye na Uganda mu irushanwa rya CECAFA, Nakulenge yari ari mu ikipe y’iguhugu yabo, nyuma y’imyaka ibiri baba bavuze ko ari munsi y’imyaka 17. Ubwo se bisobanuye ko icyo gihe yari afite imyaka 14 hanyuma akemererwa gukina mu ikipe nkuru?” Uganda yakuyemo Tanzania muri iri rushanwa ku giteranyo cy’ibitego 6-2 nyuma yo kuyitsinda ibitego 5-0 mu mukino wo kwishyura kuri stade ya Lugogo i Kampala naho mu mukino ubanza Tanzania ikaba yari yatsinze ibitego 2-1 muri Tanzania. Uyu mukino warangiye Tanzania itishimiye imigendekere yawo kuko umutoza wayo Shime Bakari yahise abwira itangazamakuru ko imapamvu bavuyemo ari uko Uganda yakinishije abakinnyi batagombaga gukina irushanwa.


