Brig. Gen. Abel Kandiho uyoboye CMI yazamuwe mu ntera

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ingabo w’Ikirenga, Gen. Yoweri Museveni yazamuye mu ntera Brig. Gen. Abel Kandiho uyoboye Urwego rw’Ubutasi rwa Gisirikare muri Uganda, CMI (Chieftaincy of Military Intelligence) amuha irya General Major.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi w’Igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Richard Karemire kuri uyu wa 28 Werurwe 2020 nk’uko byatangajwe na televiziyo ya NBS.

Gen. Museveni kandi yazamuye mu ntera abandi basirikare bakuru 11, abaha ipeti rya General Major, aha 12 ipeti rya Brigadier General, abandi batanu bahabwa ipeti rya Colonel.

Abasirikare barenga 40 ni bo bazamuwe mu ntera nk’uko ibitangazamakuru byo muri Uganda byabitangaje, bahabwa amapeti atandukanye. Gen. Maj. Kandiho na bagenzi be 11 barimo Hudson Mukasa, Lucky Kidega na Geoffrey Katsigazi ni bo bahawe ipeti ryo hejuru.

Impamvu nyamukuru aba basirikare bazamuwe mu ntera ni uko hari abababakuriye bageze mu za bukuru bari hafi guhabwa ikiruhuko, ishimwe ryo kuba bamwe muro bo barakoze inshingano neza, abandi bakaba barakoze amahugurwa ya gisirikare ajyanye n’urwego bashyizweho nk’uko Brig. Gen. Karemire yabitangaje.

Zimwe mu mpamvu zatumye Abel Kandiho azamurwa mu intera zirimo kuba yaragize uruhare mu kuburizamo imigambi yavuzwe yari igamije guhungabanya umutekano wa Uganda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *