Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yongeye gushinja Barack Obama, hahaha cy’ubugambanyi, avuga ko ari we wayoboye umugambi wo guhindura amakuru y’ubutasi ku kwivanga ku Burusiya mu matora ya 2016.
Ibi Trump yabivugiye mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa Kabiri, aho yashinjije Obama n’abandi bayobozi bo mu gihe cye, barimo Joe Biden wari Visi Perezida, James Comey wahoze ayobora FBI, na John Brennan wahoze ari umuyobozi wa CIA, kuba barafashe iya mbere mu gushyiraho icyo yise “igikorwa cy’ubugambanyi cyari kigamije kumuvanaho.”
Raporo yoherejwe n’muyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubutasi, Tulsi Gabbard, yashinjaga ubutegetsi bwa Obama kuba bwarakoze nkana raporo z’ibinyoma zemeza ko u Burusiya bwivanze mu matora bushyigikiye Trump.
Trump yagize ati: “Ibi ni ubugambanyi. Bagerageje kwiba amatora, bagerageje kuyobya Abanyamerika. Bari bafite umugambi w’imyaka myinshi wo kuntambamira.”
Ibi ariko binyuranye n’iperereza ryakozwe n’inzego zitandukanye z’igihugu, harimo na Sena iyobowe n’Abarepubulikani, ryemeje ko koko u Burusiya bwagize uruhare mu kwamamaza Trump binyuze mu kumena amabanga y’ishyaka ry’Abademokarate.
Trump, uherutse kunengwa ku mbuga nkoranyambaga kubera amashusho yakoze yifashishije ikoranabuhanga rya AI agaragaza Obama atabwa muri yombi, yavuze ko Obama ari “umuyobozi w’iryo tsinda ryakoze ubugambanyi.”
Kugeza ubu, nta cyemezo gifatika cyafashwe n’ubucamanza gishyigikira ibyo Trump avuga, kandi benshi mu batavuga rumwe na we bakomeje kugaragaza ibi nk’imigambi ya politiki igamije kuyobya rubanda mu gihe hitegurwa amatora ya 2028.


