Umunyamerika Daryll Lewis aherutse kujyana guverinoma ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo mu Rukiko rw’Akarere rwa Washington ashinja minisitiri w’ubutabera wa Congo n’inzego z’ubutasi zayo, kumukorera iyicarubozo.
Darryl Lewis arasaba abayobozi ba Congo kumwishyura miliyoni 4,5 z’amadolari nk’impozamarira ku iyicarubozo yakorewe muri iki gihugu mu gihe kigera hafi ku kwezi ahafungiye. Jeune Afrique ikaba ivuga ko yahatwaga ibibazo amasaha 16 ku munsi, akabuzwa gusinzira ndetse akanakubitwa.
Uyu munyamerika wahoze ari n’umusirikare yatawe muri yombi kuwa 24 Mata afatiwe I Lubumbashi, akaba yarashinjwaga na minisitiri w’ubutabera wa Congo, Thambwe Mwamba, kuba umucanshuro ukorera Moise Katumbi. Uyu mugabo ariko akaba yarakomeje guhakana ibi bintu.
Nyuma rero yaje kwirukanwa I Kinshasa, ariko ubushinjacyaha buvuga ko bitavanyeho gukomeza kumukurikirana, aho iki kibazo cyashyizwe mu maboko ya komisiyo 2 imwe yo muri Amerika n’indi yo mu Bwongereza, aho ubushinjacyaha buvuga ko hari ibyitso bye byasanzwe muri ibi bihugu byombi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
“Ikirego cya Lewis kije kare cyane. Kubera ko, yakagombye kuba ategereje ibizava muri izo komisiyo zishinzwe kuhata ibibazo abakekwaho kuba ibyitso muri iki kibazo” , uwo ni umwunganizi mukuru wa leta mu mategeko, Bernard Mikobi, wanahakanye ibyo birego by’iyicarubozo byatanzwe na Lewis.
Yakomeje agira ati: “Niba yaratangaje ko yakorewe iyicarubozo, ndabishidikanya. Yabajijwe n’inzego z’iperereza, igipolisi natwe ubwacu. Nafashe iminsi 2 yo kumubaza kandi ntiyigeze avuga ko yakorewe iyicarubozo. Twamubajije iki kibazo imbere y’abayobozi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Kandi yafashwaga n’abunganizi icyenda. Niba imbere ya polisi yarakorewe iyicarubozo yashoboraga kubivuga imbere yacu .”

Nyuma yo kurekura Darryl Lewis, ubutabera bwa Congo bwamwohereje, mu gihugu cye akaba yari yarafatiwe I Lubumbashi kuwa 24 mata ubwo haberaga imyigaragambyo y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi baje gutatanywa na polisi. Guverinoma ya Congo yamushinjaga kuba umucanshuro wateguraga ibikorwa byo guhungabanya umutekano afatanyije n’abandi bakekwaho kuba abacanshuro bakomoka muri Afurika y’Epfo, bose ngo bahawe akazi na Moise Katumbi witegura guhatanira gusimbura perezida Kabila ku butegetsi mu matora ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka hatagize igihinduka.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



