euyfubxwsaigmo6.jpg

Rwanda: Nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye uyu munsi

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 30 Werurwe 2020 yatangaje ko nta murwayi wa Coronavirus wagaragaye mu Rwanda, bikaba byatumye umubare w’abanduye uguma kuri 70.

Abarwayi bose bari kuvurirwa ahantu habugenewe kandi bari koroherwa; nta n’umwe urembye. Abenshi muri bo nta bimenuetso bya Coronavirus bakigaragaza. Hanashakishijwe kandi abahuye n’abarwayi bagaragaye kugira ngo basuzumwe ndetse bitabweho n’inzego z’ubuzima.

ABANYARWANDA N’ABATURARWANDA BARASABWA GUKOMEZA KUBAHIRIZA AMABWIRIZA YO GUKUMIRA IKWIRAKWIRA RYA CORONAVIRUS, BAKARABA INTOKI KENSHI KANDI NEZA, BAHANA INTERA BYIBUZE YA METERO IMWE NDETSE BANIRINDA GUKORA INGENDO ZITARI NGOMBWA, BAGUMA MU NGO IWABO.

IBIMENYETSO BY’INGENZI BYA CORONAVIRUS NI INKORORA, GUHUMEKA BIGORANYE N’UMURIRO. UWABIGARAGAZA YAHAMAGARA UMURONGO UTISHYURWA WA 114, AGAHABWA UBUFASHA CYANGWA AKITABAZA UMUJYANAMA W’UBUZIMA UMWEGEREYE.

euyfubxwsaigmo6.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *