Ibura rya dosiye y’urubanza rwa Moise katumbi na Alexandros Stoupis cyangwa guhunga kw’umucamanza Chantal Ramazani n’uwari umwanditsi w’urukiko ntacyo bizahindura ku gukomeza gukurikirana no gufatira ibihano Katumbi nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Kane, itariki 04 Kanama, umwunganizi mukuru wa leta mu mategeko, Bernard Mikobi.
Yagize ati: “Iyo dosiye yibwe ishobora kongera kubakwa […] ni nk’uko umuntu yaburana photocopie, ibi bikaba bitahagarika na gato igikorwa cy’ubucamanza” .
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Biravugwa ko umwanditsi ndetse n’umunyamabanga w’Urukiko rw’Amahoro rwa Lubumbashi, bafashe iy’ubuhungiro kuwa Mbere, itariki 01 Kanama, bakagnda batwaye dosiye y’urubanza rwa Moise Katumbi, wakatiwe adahari igifungo cy’imyaka 3, nyuma yo gushinjwa kugurisha umutungo utari uwe.
Aba bakozi b’urukiko bakaba baraburiwe irengero nyuma y’icyumweru kimwe gusa uwari perezidante w’uru rukiko, Chantal Ramazani, nawe ahunze akagenda avuga ko yahatiwe gukatira Moise Katumbi .
Ibi bikorwa rero byanenzwe n’umwunganizi mukuru wa leta mu mategeko wabishyize ku mutwe wa Moise Katumbi, aho yavuze ko uyu muherwe witegura guhatanira kuyobora Congo, yakoresheje abakozi b’urukiko mu kwangiza ubutabera bwa Congo.
Src: Radio Okapi
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



