Taraji P.Henson yatangaje ko Filimi ‘Empire’ yabaye ngufi kubera Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’icyamamare muri filimi,Taraji P. Henson yatangaje ko agace ka nyuma ka Filimi ‘Empire’ kaburaga iminsi 10 ngo barangize kugatunganya mbere y’uko bakagira kagufi kubera icyorezo cya Coronavirus.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Twitter, Taraji yatangarije abakunzi b’iyi Filimi y’uruhererekane ko agace kayo ka nyuma kagizwe kagufi kubera ibibazo by’ubuzima byugarije isi, akaba yabikoze mu buryo bwo kwisegura ku bakunzi b’iyi Filimi anabamenyesha uburyo haburaga iminsi mike ngo uduce tubiri twa nyuma turangire.

Taraji yavuze ko igice cya nyuma cyagombaga kugira uduce 20 ariko kubera iyo mpamvu kikaba kizagira uduce 18 biturutse kuri utwo twagabanijwe. Yagize ati”Ni nkaho twari twayirangije…gusa twamenyesheje abakunzi bacu ko twahisemo kuyigabanya.”

Yakomeje agira ati“ Twari dufite uduce 20 two gufata, iki cyorezo kiza tugeze mu gace ka 19 hagati gusa mu minsi 10 yari kuba yarangiye.”

Gufata amashusho ntibigikomeje ahubwo imikino yari yaramaze gukorwa mu gace ka 19 bazayishyira mu ka 18 kazasohoka kuri 21 Mata 2020.

Taraji Penda Henson yavukiye muri Washington, DC akaba yarakinnye muri filimi zitandukanye nka ‘Empire'( 2014-2020),’What Men Want'(2019),’The Best of Enemies'(2019),’Proud Mary'(2018),n’izindi zitandukanye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *