Ubutumwa buhererekanyijwe inshuro zitarenze eshanu ni uku bugaragara

WhatsApp yafungiye amayira abakwirakwiza ibihuha kuri Coronavirus

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cy’itumanaho, WhatsApp Inc. kuri uyu wa 7 Mata 2020 cyashyizeho uburyo bwo kugabanya amakuru y’ibihuha ku ndwara y’icyorezo ya Coronavirus akwirakwizwa ku rubuga rwayo, bikaba byagira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu.

Iki kigo gishamikiye kuri Facebook kivuga ko muri iki gihe Coronavirus yugarije Isi, ubutumwa buhererakanwa (Forward Messages) bwabaye bwinshi kandi ugasanga bwiganjemo ibihuha. Ibi bituma abantu bakira amakuru abasaba gukora iki n’iki cyangwa kwirinda iki kandi nta rwego rubifitiye ububasha rwabitangaje.

Muri iki gihe ntabwo bizongera gushoboka ko ubutumwa bwahererekanyijwe inshuro eshanu, bwongera kujya ku wundi muntu cyangwa itsinda (WhatsApp Group) rirenze rimwe.

Ubu buryo bugiyeho nyuma y’ubundi bwo mu 2019 iki kigo cyashyizeho kugira ngo abakiriya bajye bamenya gutandukanya ubwoherejwe inshuro ziri munsi y’eshanu n’izirenga. Ubw’iziri munsi y’eshanu burangwa n’akambi kamwe n’ijambo ‘Forwarded’ mu gihe ubw’inshuro nyinshi buzajya bugaragaraho akambi gafite utugofero tubiri n’ijambo ‘Forwarded’.

Ubutumwa buhererekanyijwe inshuro zitarenze eshanu ni uku bugaragara
Ubutumwa buhererekanyijwe inshuro zitarenze eshanu ni uku bugaragara
Iyo buhererekanyijwe inshuro zirenze eshanu burangwa n'akambi gafite utugofero tubiri
Iyo buhererekanyijwe inshuro zirenze eshanu burangwa n’akambi gafite utugofero tubiri

Ubutumwa bwasakaye bwabaye intandaro y’imfu nyinshi

Ubutumwa buhererekanyijwe bugira ingaruka mbi ku batuye Isi bitewe n’uko ubwinshi bubayobya. Mu bihugu nka Iran, byumvikanyemo imfu z’amagana y’abantu babwiwe ko ibisindisha nka’Ethanol’ na ‘Methanol’ byavura indwara ya Coronavirus, babyizera batyo ndetse barabinywa.

Mu Buhinde, abaturage babwiwe ko amaganga atanga ubwirinzi kuri iki cyorezo. Barayanyoye n’ubwo nta ngaruka zatangajwe yaba yarabagizeho gusa ariko bizwi ko amaganga ari uruhurirane rw’imyanda iva mu mubiri w’inka.

Mu Rwanda hari ubutumwa bwasakaye buvuga ko ubuki n’indimu byavura iki cyorezo cya Coronavirus, gusa byagaragaye ko ari ikinyoma kuko nta muti cyangwa urukingo ruragaragara ku Isi yose. Ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika byagiye bigerageza imiti nka Chroloquine ariko ntibyemejwe niba koko yavura iki cyorezo.

Abantu benshi ku Isi bazi ko udupfukamunwa twarinda abantu kwandura Coronavirus, ikaba impamvu nyamukuru yatumye batugura ku bwinshi, ibiciro byatwo bigatutumba. Gusa Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS/WHO) wavuze ko udu dukoresho ahubwo turinda umuntu kwanduza abandi. Mu nkuru yasohotse kuri The Guardian kuri uyu wa 7 Mata, WHO yavuze ko kandi utu dupfukamunwa tutashobora gutuma umuntu atandura iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *