Général-Major Peter Nkuba Cirimwami wahoze ari Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, ku wa Mbere tariki ya 1 Nzeri 2025 yashyinguwe nyuma y’amezi arindwi yiciwe ku rugamba.
Ni umuhango wakomatanyijwe n’uwo gusezeraho bwa nyuma no gushyingura Colonel Alexis Rugabisha wiciwe i Kalehe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ubwo yari ayoboye imirwano ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zari zihanganyemo n’inyeshyamba zo mu mutwe wa M23.
Umuhango wo kubasezeraho bwa nyuma wabereye i Kinshasa, witabirwa n’abarimo Perezida Félix Antoine Tshisekedi wari kumwe n’umugore we, Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya RDC, Vital Kamerhe, abasirikare bakuru bo mu ngabo za RDC n’abandi.
Tshisekedi mu ijambo rye yashimye “umurava, ubwitange no gukunda igihugu byaranze Gen. Cirimwami na Col. Rugabisha”, abasirikare bombi yagaragaje nk’ikimenyetso nyacyo cyo kurinda ubusugire bw’igihugu n’umutekano wacyo mu burasirazuba bwa RDC.
Amafoto Perezidansi ya RDC yashyize hanze yerekana Tshisekedi n’umugore we, Denise Nyakeru bunamira Cirimwami na Rugabisha; mbere y’uko imirambo yabo ijya gushyingurwa mu irimbi rya gisirikare rya Repos du Soldat riherereye muri Komine N’sele i Kinshasa.
Cirimwami na Rugabisha by’umwihariko mbere yo gushyingurwa muri ririya rimbi rishya, Tshisekedi yabanje kurifungura ku mugaragaro.
Ku wa 24 Mutarama ni bwo Général-Major Peter Nkuba Cirimwami yiciwe mu mirwano ikomeye yasakiranyaga ingabo za Leta ya RDC n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23, mu gace ka Kasengezi hafi y’Umujyi wa Sake.
M23 ni yo yabanje gutangaza ko yapfuye, mbere y’uko Igisirikare cya RDC cyemeza urupfu rwe ku munsi wakurikiyeho.
Mu rwego rwo kumuha icyubahiro, Tshisekedi yamuzamuye mu ntera amugira Lt. Gen, mu gihe mugenzi we Rugabisha yagizwe Général de Brigade.


