20250902_144611

Kabila yavuze impamvu Tshisekedi yamureze ibyaha byamwicisha akanafunga abarimo Gen. Tshiwewe

Sangiza iyi nkuru

Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko ibyaha aregwa ari ibinyoma byahimbwe n’ubutegetsi bwa Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi wamusimbuye, mu rwego rwo kwirinda ko hari uwaburyoza kuba bwarananiwe kuzuza inshingano zabwo.

Kabila yabitangaje biciye mu nyandiko yanyujije mu kinyamakuru Jeune Afrique.

Ni inyandiko yagiye hanze nyuma y’iminsi mike ubushinjacyaha bwa gisirikare muri RDC bumusabiye gukatirwa igihano cy’urupfu, kubera ibyaha bitandukanye ashinjwa birimo iby’intambara no kugambanira igihugu.

Ni ibyaha uyu mugabo yarezwe, nyuma y’uko mu mezi atatu ashize yatangazaga ko agiye kuva mu buhungiro akerekeza mu mujyi wa Goma umaze amezi arindwi ugenzurwa n’inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23.

Joseph Kabila wayoboye RDC hagati ya 2001 na 2019, yavuze ko urubanza rwe nta kindi rugamije uretse kuyobya abantu ku mabi Tshisekedi n’abantu ba hafi ye bamaze igihe bakora.

Yagize ati: “Ibirego by’ibinyoma byo kugambanira igihugu nshinjwa nta kindi bigamije kitari ugutuma abantu badatekereza ku bibazo bitandukanye bya ruswa, imiyoborere mibi, itonesha n’icyenewabo byugarije umuryango we. Abanye-Congo bazi ukuri: Umuryango we ndetse n’abafatanyabikorwa ba politiki bagize uruhare runini mu gusahura intara zikungahaye ku mabuye y’agaciro, mu gihe abaturage basanzwe bakomeje kuba mu bukene.”

Yavuze ko igitangaje ari uko muri RDC nta muntu n’umwe ushobora gusaba ko umuryango wa Tshisekedi washyikirizwa ubutabera kubera ubujura ukora.

Uyu mugabo kandi agaruka ku rubanza rwe, yagaragaje ko ubwo rwarimo ruburanishwa “nta gihamya na kimwe” gishimangira ibyo aregwa cyigeze kigaragazwa.

Yavuze ko urubanza aregwamo ntaho ruhuriye n’ubutabera, usibye “amayeri yo gucecekesha Opozisiyo muri rusange no kugerageza kuvana umuyobozi mukuru wa politiki mu ruhando rw’igihugu, hagamijwe kwemerera ubutegetsi gutegeka nta nkomyi ndetse n’ubuziraherezo, nk’uko bigaragazwa no kugerageza guhindura itegekonshinga kwabayeho”.

Kabila ko usibye we, mu myaka ine ishize hari ba Ofisiye bakuru mu ngabo no muri Polisi ubutegetsi bwa Tshisekedi bumaze guta muri yombi bukabafunga nta no kubacira urubanza, ku buryo hari na bamwe muri bo baguye muri gereza “kubera kubica urubozo no kubura ubuvuzi bukwiye”.

Yavuze ko nko kuva muri Nyakanga uyu mwaka, abarimo uwahoze ari Umugaba Mukuru w’Ingabo za RDC (Gen. Christian Tshiwewe Songesa) n’uwahoze ari umujyanama wa Perezida mu bya gisirikare (Lt. Gen. Franck Ntumba) batawe muri yombi bashinjwa gucura umugambi wo kwica Tshisekedi no gukuraho ubutegetsi; nyuma yo guhabwa ayo makuru n’ubutasi bw’ibihugu by’amahanga.

Kabila yavuze ko ikibabaje ari uko kuva bariya basirikare batabwa muri yombi nta rubanza baracirirwa.

Yunzemo ko ibirego bariya basirikare bashinjwa ari “umugambi wa Politiki ugamije kwica abakekwaho kubera inkoramutima ubuyobozi bwabanje”.

Joseph Kabila yaburiye ubutegetsi bwa RDC ko hazabaho ingaruka ziremereye z’ibyo buri gukora, zirimo guca intege FARDC n’abasirikare bayo; ibizashyira mu bibazo umutekano w’igihugu.

Yunzemo ati: “Umuyobozi ufunga mu buryo bw’akarengane ba Ofisiye be na ba Jenerali ntabwo aba ari gukomeza Repubulika, ahubwo aba ari kuyihungabanya”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *