COVID-19: Abaturage muri Nigeria bagabye igitero ku modoka yari itwaye imigati

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu cage ka Agege mu Mujyi wa Lagos muri Nigeria barembejwe n’inzara ku bwo kuguma muri Nigeria birinda kwandura Coronavirrus, bagabye igitero ku modoka itwara imigati, basahura iyo bajya kurya.

Amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza abaturage benshi buzuye mu mwango (umuryango w’imodoka) no mu madirishya yayo barwanira gukuramo imigati.

Kuva hashyirwaho amabwiriza yo kuguma mu rugo, abaturage ba Nigeria basabye Perezida Buhari gushyiraho gahunda yo kugaburira abaturage baryaga ari uko bapagashije.

Muri Nigeria by’umwihariko mu mijyi, hakomeje kugaragara abaturage bashonje batunzwe no gusabiriza. Kuwa 15 Mata kandi mu ihuriro ry’imihanda rya Apo ku muhanda wiswe Cemetery, abaturage benshi nabwo bigabye ku modoka nini yari itwaye ibyo kurya, basahura imifuka itari mike.

Muri Nigeria , Icyorezo cya Coronavirus kimaze kugaragara ku bantu 407, 127 baragikize mu gihe 12 kimaze kubahitana. Abanya-Nigeria barataka inzara mu gihe kuwa 13 Mata, Perezida w’iki gihugu, Muhammadou Buhari yongereye igihe cyo kuguma mu rugo ho iminsi 14.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *