Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zishima amasezerano yo guhererekanya imfungwa yasinywe hagati ya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’umutwe wa AFC/M23.
Amerika yabitangaje biciye mu mujyanama mukuru wa Perezida Donald Trump ushinzwe ibibazo bya Afurika, Massad Boulos.
Yanditse ku rubuga rwe rwa X ati: “Turashima isinya rya gahunda yo guhererekanya imfungwa hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23, intambwe y’ingenzi iganisha ku guhagarika imirwano no kwimakaza amahoro mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”
Amerika usobanura ko mu masezerano yo guhererekanya imfungwa AFC/M23 yasinyanye na Kinshasa, Komite Mpuzamahanga ya Croix-Rouge (CICR) izafata inshingano zo kuba umuhuza udafite uruhande abogamiyeho, ikazafasha mu bijyanye no “kumenya, kugenzura no kurekura mu mahoro imfungwa zifitwe n’impande zombi.”
Amerika yashimiye by’umwihariko Qatar ku bw’akazi gakomeye yakoze ifatanyije na CICR mu biganiro bya Doha, isaba Kinshasa na AFC/M23 gukoresha ariya mahirwe mu rwego rwo gutera intambwe y’inyongera iganisha ku mahoro arambye.
Ingingo yo guhererekanya imfungwa ikubiye mu mahame y’ibanze aganisha ku guhagarika intambara Leta ya RDC na AFC/M23 basinyanye muri Nyakanga uyu mwaka.
Uruhande rw’inyeshyamba rushinja Leta kuba yaranze kubahiriza ariya mahame, kuko itararekura imfungwa zibarirwa muri 700 ifunze.


