Abakize COVID-19 bazongera basuzumwe

Sangiza iyi nkuru

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima mu Rwanda, (RBC) gitangaza ko abatangajwe ko bakize icyorezo cya Coronavirus bazongera gusumwa iki cyorezo ngo harebwe ko bakize burundu.

Uku gusuzumwa nk’uko RBC ibitangaza, kugamije kureba ko koko nyuma yo gusezererwa bameze neza. Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr. Sabin Nsabimana ati ” Abasezerewe bose bakize Coronavirus bazasuzumwa ngo harebwe ko bafite abasirikare bo guhangana na Coronavirus. Ni isuzuma ryihuse rimara igihe gito.”

Kugira ngo umurwayi wa Coronavirus asezererwe, asuzumwa inshuro ebyiri agaragaza ko atanduy ndetse n’iyo atashye ashyirwa mu kato iminsi 14 nabwo agasuzumwa.

Mu rwanda, abantu 54 bakize Coronavirus mu bantu 136 basanzwemo iki cyorezo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *