Perezida William Ruto wa Kenya kuri iki Cyumweru yagaragaye mu mihanda ya New York agenda n’amaguru yerekeza ku Cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye aho yitabiriye inama ya 7 ya Komite y’abakuru b’ibihugu na guverinoma icumi (C-10) ku ivugurura ry’Akanama gashinzwe Umutekano ka Loni.
Perezida Ruto yavuze ko guheza Afurika mu Kanama gashinzwe Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye bitemewe kandi udashobora kubona impamvu ibishyigikira. Ati: “Tugomba gukosora ako karengane k’amateka kugirango tugire UN ibereye intego”.

Ni mu ijambo yagejeje ku nama ya 7 ya Komite y’abakuru b’ibihugu na guverinoma icumi ku ivugurura ry’akanama gashinzwe umutekano ku Isi yayobowe na Sierra Leone, mu gihe cy’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye (UNGA) ya 80.

Yakomeje avuga ko “Abayobozi b’Abanyafurika bagomba kongera ijwi rya Afurika ku mbuga zose, guhuriza hamwe inyuma yo guhagararirwa neza, no kurengera Umwanya uhuriweho na Afurika”. Yavuze ko Kenya izabishyigikira byimazeyo.

Yongeyeho ati: ” Mu gihe dusaba guhagararirwa, tugomba nanone kuba twiteguye gusohoza inshingano z’abanyamuryango bahoraho, harimo no kumvikana ku buryo tuzahitamo abaduhagarariye”.


