Mu gihugu cya Cameroun, umwarimu witwa Zouhairatou Hassana yarashwe arapfa mu mujyi wa Garoua ku wa kabiri, ubwo habaga imyigaragambyo ikaze ikurikiye amatora ya perezida yateje umwuka mubi hagati ya Perezida Paul Biya n’umukandida utavuga rumwe na we, Issa Tchiroma.
Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko amasasu yarashwe n’umupolisi, ubwo abigaragambyaga basabaga ko amajwi y’amatora asubirwamo.
Komisiyo y’amatora ya Cameroun imaze gutangaza iby’agateganyo bigaragaza ko Perezida Paul Biya, umaze imyaka isaga 40 ku butegetsi, yatsinze amatora ku majwi arenga gato 53%, mu gihe Issa Tchiroma yabonye hafi 35%.
Ariko, amakuru dukesha ikinyamakuru Jeune Afrique avuga ko Biya yaba yaragerageje gutanga umwanya wa Minisitiri w’Intebe kuri Tchiroma, mbere y’uko ibyavuye mu matora bitangazwa ku mugaragaro, gusa Tchiroma akaba yarabyanze, asaba ko habaho ubutabera no gusubiramo amatora.
Perezida Paul Biya, ufatwa nk’umwe mu bayobozi bamaze igihe kinini ku butegetsi muri Afurika, akomeje kunengwa kubera imiyoborere ye y’ubutegetsi bukaze n’ukuntu yanga kurekura ubutegetsi.
Ibyavuye mu matora ntakuka biteganyijwe gutangazwa kuri uyu wa Kane, tariki ya 23 Ukwakira 2025, mu gihe umwuka w’uburakari ukomeje kwiyongera mu gihugu hose.


