Kuva ibitero by’indege by’ibihugu byishyize hamwe biyobowe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku mutwe wa Leta ya Kisilamu (Islamic State)byatangira mu myaka 2 ishize, hafi 45,000 by’abarwanyi b’uyu mutwe biciwe muri Irak no muri Syria nk’uko byatangajwe na Gen. Sean MacFarland w’Umunyamerika uyobora ibi bitero.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Gen. Sean MacFarland yatangaje ko babara ko mu mezi 11 ashize bishe abarwanyi bakababa 25,000, hakwiyongeraho 20,000 bakeka ko bivuganye mbere ngo umubare ukaba byibuze 45,000 by’abanzi biciwe ku rugamba nk’uko byatangajwe na AFP.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nk’uko imibare y’uyu mujenerali ibigaragaza, ngo Umutwe wa Leta ya Kisilamu ufite abarwanyi bari hagati y’i 15,000 na 30,000 nabo ngo itagishoboye kwitaho kuri ubu.
Uyu mutwe ngo ufite ikibazo cyo gusimbura abarwanyi bawo baguye ku rugamba, bikaba byaratumye umubare w’abarwanyi wari ufite waragabanyutse ku buryo bugaragara ngo atari mu mibare gusa ahubwo no mu buhanga bwabo ku rugamba nk’uko Gen. Sean akomeza abyemeza.
Ubwo yasubizaga ibibazo by’abanyamakuru ari i Bagdhad muri Irak, Gen. Sean akaba yakomeje avuga ko imirwanire y’abarwanyi ba Leta ya Kisilamu muri iki gihe itandukanye n’iyo mu bihe bishize cyane bigatuma biborohera kubarwanya.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



