Tanzania ivuga ko ibihugu by’u Rwanda na Zambia bitafunze imipaka bihana n’iki gihugu bitewe no gukumira COVID-19. Ibi ni ibyagarutsweho mu nteko ishinga amategeko ubwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Prof. Palamagamba John Aidan Mwaluko Kabudi, yari yatumijwe kuwa Gatanu w’iki cyumweru, ngo asobanure iby’umubano n’ibihugu byombi. Ministiri Kabudi yabwiye abadepite ko umubano hagati y’ibi bihugu ari nta makemwa. Ati ” Tanzania n’u Rwanda ntibafunze imipaka duhuriyeho. Umubano n’ibihugu byombi umeze neza.” Aba badepite nk’uko XINHUA ibitangaza, bavuga ko bari bahawe amakuru ko u Rwanda na Zambia bafunze imipaka n’iki gihugu. Ikibazo gihari kugeza ubu ni ukuba Tanzania yarakomeje ibihe bisanzwe mu gihe Coronavirus iri guca ibintu. Ni mu gihe ibihugu nka Kenya, u Rwanda na Zambia bafashe ingamba zo gukumira iki cyorezo. Kuwa 15 Gicurasi 2020, u Rwanda na Tanzania bagiranye ibiganiro ku bibazo biri ku mipaka y’ibihugu byombi.


